Polisi yatanze itangazo yageneye ibitangazamakuru ivuga ko iriho ihiga umuntu wakoze ibikorwa bya kinyamaswa akamanika umwana ku giti amuhambiriye amaboko n'amaguru agahita agenda.
Muri iryo tangazo Polisi yagize iti" Tukimara kubona iriya foto yuriya mwana, twahise dutangira igikorwa cyo guhiga bukware umuntu wese waba yakoze kiriya gikorwa cya kinyamaswa kugirango atabwe muri yombi ashyikirizwe ubutabera".
Polisi yakomeje isaba buri wese watanga amakuru ku muntu waba yakoze kiriya gikorwa cya Kinyamaswa kugirango atabwe muri yombi.
Bagabo John