Muri Malawi abantu icyenda batawe muri yombi bapakiye imifuka y'amakara mu buryo butemewe bayashyize mu isanduku bavuga ko bagiye gushyingura.
Nyuma yaho igihugu cya Malawi gishyizeho ingamba zikaze ziguhangana n'abatwika amakara, bamwe mubakora ibikorwa byo kuyatunda batangiye gukoresha amayeri atandukanye kugirango babone uko bajya gucuruza ayo makara.
Mu cyumweru dushoje, abantu icyenda batawe muri yombi bapakiye amakara mu modoka, maze narenzaho isanduku hejuru bavuga ko bagiye gushyingura.

Hari bamwe mu baturage bagize amakenga maze bahita batanga amakuru, bageze kuri Polisi ihita ibahagarika barebye basanga bapakiye amakara imifuko 30, hejuru hariho isanduku bavuga ko ari umurambo bagiye gushyingura.
Ikinyamakuru Reuters cyatangaje ko mugihe abo bantu bahamwa n'icyaha cyo gutunda amakara bahanishwa igifungo cy'imyaka itanu muri gereza.
Bagabo John
