•     

Green Party yagaragaje igenamigambi ry'ishyaka ry'igihe kirekire

Ishyaka Green Party of Rwanda ryamurikiye abarwanashyaka ububiko bushya bw’amakuru (Database) buzafasha koroshya imikorere ya buri munsi y’ishyaka no kunoza uburyo amakuru acungwa. hanemejwe gahunda y’igihe kirekire y’ikorwa ry’ishyaka (Strategic Plan), ingamba z’itumanaho (Communication Strategy), ndetse hanasobanurwa amwe mu mavugurura yakozwe mu mategeko shingiro agenga ishyaka.

Green Party yagaragaje igenamigambi ry'ishyaka ry'igihe kirekire

Perezida w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Hon Senateri Dr Frank Habineza, kuri uyu wa 24 Gicurasi 2026. yatangije ku mugaragaro uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwo kubika no gucunga amakuru y’abanyamuryango b’ishyaka (online membership database), anagaragaza igenamigambi ry’ishyaka ry’igihe kirekire (Strategic Plan) hamwe n’ingamba z’itumanaho (Communication Strategy) bizayobora ibikorwa n’icyerekezo byaryo mu myaka itanu iri imbere.

Ibi yabigarutseho mu nama yahuje abayobozi n’abarwanashyaka baturutse hirya no hino mu gihugu, aho yavuze ko izi gahunda nshya zigamije kongerera imbaraga imikorere y’ishyaka no kurushaho kunoza uburyo bw’itumanaho hagati y’inzego zitandukanye zaryo.

Yasobanuye ko uburyo bushya bwo kubika amakuru y’abanyamuryango buzafasha ishyaka gucunga neza ibikorwa bya buri munsi, koroshya itumanaho no gutuma amakuru y’abarwanashyaka aboneka mu buryo bwihuse kandi bwizewe.

Hatangajwe kandi ko igenamigambi n’ingamba z’itumanaho byamuritswe bizafasha ishyaka gukomeza guteza imbere ibitekerezo byubaka igihugu, kongera umubare w’abanyamuryango, gukangurira abaturage uruhare mu bikorwa bya politiki no gushimangira ubushobozi bw’ishyaka mu rwego rw’ubukungu.

Abitabiriye iyi nama bagaragaje ko izi gahunda nshya zije ari intambwe ikomeye izafasha ishyaka gukomeza kunoza imikorere no kugera ku ntego zaryo mu myaka iri imbere.

Bagabo John 

Green Party yagaragaje igenamigambi ry'ishyaka ry'igihe kirekire

Green Party yagaragaje igenamigambi ry'ishyaka ry'igihe kirekire

Ishyaka Green Party of Rwanda ryamurikiye abarwanashyaka ububiko bushya bw’amakuru (Database) buzafasha koroshya imikorere ya buri munsi y’ishyaka no kunoza uburyo amakuru acungwa. hanemejwe gahunda y’igihe kirekire y’ikorwa ry’ishyaka (Strategic Plan), ingamba z’itumanaho (Communication Strategy), ndetse hanasobanurwa amwe mu mavugurura yakozwe mu mategeko shingiro agenga ishyaka.

Perezida w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Hon Senateri Dr Frank Habineza, kuri uyu wa 24 Gicurasi 2026. yatangije ku mugaragaro uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwo kubika no gucunga amakuru y’abanyamuryango b’ishyaka (online membership database), anagaragaza igenamigambi ry’ishyaka ry’igihe kirekire (Strategic Plan) hamwe n’ingamba z’itumanaho (Communication Strategy) bizayobora ibikorwa n’icyerekezo byaryo mu myaka itanu iri imbere.

Ibi yabigarutseho mu nama yahuje abayobozi n’abarwanashyaka baturutse hirya no hino mu gihugu, aho yavuze ko izi gahunda nshya zigamije kongerera imbaraga imikorere y’ishyaka no kurushaho kunoza uburyo bw’itumanaho hagati y’inzego zitandukanye zaryo.

Yasobanuye ko uburyo bushya bwo kubika amakuru y’abanyamuryango buzafasha ishyaka gucunga neza ibikorwa bya buri munsi, koroshya itumanaho no gutuma amakuru y’abarwanashyaka aboneka mu buryo bwihuse kandi bwizewe.

Hatangajwe kandi ko igenamigambi n’ingamba z’itumanaho byamuritswe bizafasha ishyaka gukomeza guteza imbere ibitekerezo byubaka igihugu, kongera umubare w’abanyamuryango, gukangurira abaturage uruhare mu bikorwa bya politiki no gushimangira ubushobozi bw’ishyaka mu rwego rw’ubukungu.

Abitabiriye iyi nama bagaragaje ko izi gahunda nshya zije ari intambwe ikomeye izafasha ishyaka gukomeza kunoza imikorere no kugera ku ntego zaryo mu myaka iri imbere.

Bagabo John