•     

Kenya: Abagore 18 birukanywe mu mahugurwa ya Polisi nyuma yo gusanga batwite

Muri Kenya, abagore 18 bari mu mahugurwa yo kwinjira muri Polisi birukanwe mu ishuri rya Polisi rya Kiganjo nyuma yo gusanganwa inda, ibintu byateje impaka zikomeye mu gihugu.

Kenya: Abagore 18 birukanywe mu mahugurwa ya Polisi nyuma yo gusanga batwite
Abagore 18 birukanywe mu mahugurwa ya Polisi nyuma yo gusanga batwite

Aba bagore bavuga ko birukanywe mu buryo bubatesha agaciro kandi bunyuranyije n’uburenganzira bwabo bw’ibanze. Ibi byatumye umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu wa Sheria Mtaani hamwe n’umunyamategeko akaba n’umuharanira uburenganzira bwa muntu Shadrack Wambui baregera Urukiko Rukuru rwa Milimani bashinja abayobozi bakuru ba Polisi ihohoterwa no gukoresha nabi ububasha bafite.

Mu kirego cyatanzwe, bavuga ko bamwe muri abo bagore batewe inda n’abapolisi bakuru bari bashinzwe kubahugura, nyamara aho gukurikiranwa kw’ababikoze, abagore ari bo bahanwe birukanwa mu mahugurwa.

Abareze basaba urukiko gutegeka ko abo bagore bahabwa indishyi z’akababaro ndetse hakabaho iperereza ryigenga ku bivugwa muri iki kibazo.

Iki kibazo cyakuruye impaka ndende muri Kenya, aho bamwe bavuga ko amategeko agenga amahugurwa ya Polisi abangamira uburenganzira bw’abagore, mu gihe abandi basaba ko hakazwa imyitwarire n’imicungire y’abari mu mahugurwa

Bagabo John

Kenya: Abagore 18 birukanywe mu mahugurwa ya Polisi nyuma yo gusanga batwite

Kenya: Abagore 18 birukanywe mu mahugurwa ya Polisi nyuma yo gusanga batwite
Abagore 18 birukanywe mu mahugurwa ya Polisi nyuma yo gusanga batwite

Muri Kenya, abagore 18 bari mu mahugurwa yo kwinjira muri Polisi birukanwe mu ishuri rya Polisi rya Kiganjo nyuma yo gusanganwa inda, ibintu byateje impaka zikomeye mu gihugu.

Aba bagore bavuga ko birukanywe mu buryo bubatesha agaciro kandi bunyuranyije n’uburenganzira bwabo bw’ibanze. Ibi byatumye umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu wa Sheria Mtaani hamwe n’umunyamategeko akaba n’umuharanira uburenganzira bwa muntu Shadrack Wambui baregera Urukiko Rukuru rwa Milimani bashinja abayobozi bakuru ba Polisi ihohoterwa no gukoresha nabi ububasha bafite.

Mu kirego cyatanzwe, bavuga ko bamwe muri abo bagore batewe inda n’abapolisi bakuru bari bashinzwe kubahugura, nyamara aho gukurikiranwa kw’ababikoze, abagore ari bo bahanwe birukanwa mu mahugurwa.

Abareze basaba urukiko gutegeka ko abo bagore bahabwa indishyi z’akababaro ndetse hakabaho iperereza ryigenga ku bivugwa muri iki kibazo.

Iki kibazo cyakuruye impaka ndende muri Kenya, aho bamwe bavuga ko amategeko agenga amahugurwa ya Polisi abangamira uburenganzira bw’abagore, mu gihe abandi basaba ko hakazwa imyitwarire n’imicungire y’abari mu mahugurwa

Bagabo John