Kuri uyu wa 17 Nyakanga 2022 umudamu witwa Murekatete Devotha ufite abana batatu, yashyikirijwe inzu n'ubuyobozi bw'umurenge wa Gatore, ariko Devota atangariza itangazamakuru ko inzu bamuhaye idafite inzugi.
Aganira nakimwe mu kinyamakuru Devota yavuze ko yabanje kwanga kuza kuba muriyo nzu kuko ubuyobozi butari bwakayimuhaye ku mu garagaro.
Nyuma hayo aherewe iyonzu yavuze ko yishimye kuko bamukuye muri shitingi akaba abonye inzu yo kubamo, gusa ngo nubwo bamuhaye iyonzu ngo ntanzugi ifite ariko ubuyobozi bwa mwijeje ko baza zimushyiriramo mu minsi irimbere.

Devota yatujwe
Rwantonde mu Mudugudu wa Mumeya mu murenge wa Gatore
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gatore Ntagwabira Oswald yavuze ko bashimishijwe no kubona batuje Devota munzu bamwubakiye,kuko yari mu buzima bubi bwokuba muri shitingi. gusa uyu munyamabanga Nshingwabikorwa ntabwo yigeze avuga ku kibazo cyagaragajwe na Devota cyokuba yahawe inzu idafite inzugi.
Bagabo John
