•     

Tanzania: Mafwele yafatiwe ibihano na Amerika

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano Komiseri Wungirije Mukuru wa Polisi ya Tanzania, Faustine Jackson Mafwele, zimushinja kugira uruhare mu ihohoterwa rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu. Ibyo bihano binamubuza we n’abo mu muryango we wa hafi kwinjira muri Amerika.

Tanzania: Mafwele yafatiwe ibihano na Amerika
Mafwele yafatiwe ibihano na Amerika

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zafatiye ibihano Faustine Jackson Mafwele, Komiseri Wungirije Mukuru wa Polisi ya Tanzania, zimushinja kugira uruhare mu ihohoterwa rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika, ryasomwe na Minisitiri Marco Rubio, yavuze ko ibyo bihano byafashwe hashingiwe ku mategeko yemerera Amerika gufatira ibihano abayobozi b’amahanga bakekwaho gukora cyangwa kugira uruhare mu bikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu.

Amerika yavuze ko impamvu nyamukuru yatumye Mafwele afatirwa ibyo bihano ishingiye ku byabaye mu mwaka wa 2025, ubwo abarwanashyaka babiri bo muri Afurika y’Iburasirazuba, Umunya-Kenya Boniface Mwangi n’Umunya-Uganda Agather Atuhaire, bafatirwaga muri Tanzania bakurikiranye urubanza rw’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Tundu Lissu.

Amerika ivuga ko abo bombi bakorewe iyicarubozo ndetse bagahohoterwa no mu buryo bw’imibonano mpuzabitsina igihe bari mu maboko y’inzego z’umutekano za Tanzania, aho izina rya Mafwele ryavuzwe mu bakekwaho kugira uruhare muri ibyo bikorwa.

Raporo zitandukanye zigaragaza ko ibi bihano bije bikurikira impungenge mpuzamahanga zimaze igihe zigaragazwa ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu muri Tanzania nyuma y’amatora rusange yo mu 2025.

Amerika hamwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu bagaragaje impungenge ku ifatwa ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ikoreshwa ry’ingufu ku bigaragambyaga ndetse n’abantu bivugwa ko bapfiriye mu myigaragambyo yakurikiye ayo matora.

Hari kandi amakuru avuga ko Amerika iri gusubiramo uburyo imikoranire yayo na Tanzania ihagaze, haba mu bya dipolomasi, umutekano, ubucuruzi ndetse n’inkunga hagati y’ibihugu byombi.

Abadepite bo muri Amerika banateguye umushinga w’itegeko usaba ko hakorwa isuzuma rishya ry’ubufatanye hagati ya Amerika na Tanzania, hashingiwe ku bibazo birebana na demokarasi n’uburenganzira bwa muntu bikomeje kuvugwa muri icyo gihugu.

Kugeza ubu, Guverinoma ya Tanzania ntiyari yari yatangaza icyo ivuga kuri ibi bihano mu buryo burambuye, mu gihe amakuru yabyo yakomeje gukwirakwira ku rwego mpuzamahanga.

Bagabo John

Tanzania: Mafwele yafatiwe ibihano na Amerika

Tanzania: Mafwele yafatiwe ibihano na Amerika
Mafwele yafatiwe ibihano na Amerika

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano Komiseri Wungirije Mukuru wa Polisi ya Tanzania, Faustine Jackson Mafwele, zimushinja kugira uruhare mu ihohoterwa rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu. Ibyo bihano binamubuza we n’abo mu muryango we wa hafi kwinjira muri Amerika.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zafatiye ibihano Faustine Jackson Mafwele, Komiseri Wungirije Mukuru wa Polisi ya Tanzania, zimushinja kugira uruhare mu ihohoterwa rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika, ryasomwe na Minisitiri Marco Rubio, yavuze ko ibyo bihano byafashwe hashingiwe ku mategeko yemerera Amerika gufatira ibihano abayobozi b’amahanga bakekwaho gukora cyangwa kugira uruhare mu bikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu.

Amerika yavuze ko impamvu nyamukuru yatumye Mafwele afatirwa ibyo bihano ishingiye ku byabaye mu mwaka wa 2025, ubwo abarwanashyaka babiri bo muri Afurika y’Iburasirazuba, Umunya-Kenya Boniface Mwangi n’Umunya-Uganda Agather Atuhaire, bafatirwaga muri Tanzania bakurikiranye urubanza rw’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Tundu Lissu.

Amerika ivuga ko abo bombi bakorewe iyicarubozo ndetse bagahohoterwa no mu buryo bw’imibonano mpuzabitsina igihe bari mu maboko y’inzego z’umutekano za Tanzania, aho izina rya Mafwele ryavuzwe mu bakekwaho kugira uruhare muri ibyo bikorwa.

Raporo zitandukanye zigaragaza ko ibi bihano bije bikurikira impungenge mpuzamahanga zimaze igihe zigaragazwa ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu muri Tanzania nyuma y’amatora rusange yo mu 2025.

Amerika hamwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu bagaragaje impungenge ku ifatwa ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ikoreshwa ry’ingufu ku bigaragambyaga ndetse n’abantu bivugwa ko bapfiriye mu myigaragambyo yakurikiye ayo matora.

Hari kandi amakuru avuga ko Amerika iri gusubiramo uburyo imikoranire yayo na Tanzania ihagaze, haba mu bya dipolomasi, umutekano, ubucuruzi ndetse n’inkunga hagati y’ibihugu byombi.

Abadepite bo muri Amerika banateguye umushinga w’itegeko usaba ko hakorwa isuzuma rishya ry’ubufatanye hagati ya Amerika na Tanzania, hashingiwe ku bibazo birebana na demokarasi n’uburenganzira bwa muntu bikomeje kuvugwa muri icyo gihugu.

Kugeza ubu, Guverinoma ya Tanzania ntiyari yari yatangaza icyo ivuga kuri ibi bihano mu buryo burambuye, mu gihe amakuru yabyo yakomeje gukwirakwira ku rwego mpuzamahanga.

Bagabo John