Polisi ya Tanzania yavuze ko iriho ihigisha uruhindu umuntu watangaje ibihuha byuko Perezida Samia yitabye Imana, bifashishije urubuga rwa X rwitiriwe igipolisi cya Tanzania ko aricyo cyatanze iryo Tangazo.
Muri iryo Tangazo Polisi yagize iti" Polisi iramenyesha ko hari amakuru y'ibinyoma ayobya rubanda, yiriwe akwirakwizwa ku mbugankoranyambaga harimo X bashaka kumvikanisha ko ubwo butumwa bwatanzwe n'igipolisi cyacu,."

Ubwo butuwa bikomeza buvuga ko ayo makuru atari ayukuri, kuko ntabwo Poliisi yatangaza amakuru y'igihuha ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo.
Iryo tangazo risoza rivuga ko mu gihe bagishakisha abantu banditse ndetse bakana kwirakwiza icyo gihuha kugirango babiryozwe, Polisi yasabye abantu kudaha agaciro iryo tangazo ndetse no gukudakomeza ku rikwirakwiza kuko abari bubifatirwemo bara bihanirwa.
Iri Tangazo n'igihuha

Mucyumweru gishyize muri Sudani y'epfo, Minisiteri y'ububanyi n'amahanga nayo yari yamaganye amakuru y'ibihuha yavugaga ko Perezida Kiir yitabye Imana.
Bagabo John
