•     

Batawe muri yombi bazira gutambutsa ibitutsi 300 ku mbuga nkoranyambaga

Abantu batatu muri Tanzania, batawe muri yombi na Polisi mu bakekwaho gukoresha nabi imbuga nkoranyambaga, harimo gutesha agaciro barimo abayobozi batandukanye, ndetse n’abagize Komisiyo ishinzwe gusesengura ibyabaye mu gihe cy’amatora rusange yo mu Ukwakira 2025 n’igihe cyayakurikiye., ubwo batambutsaga ibitutsi 300 ku mbuga nkoranyambaga.

Batawe muri yombi bazira gutambutsa ibitutsi  300 ku mbuga nkoranyambaga
Batawe muri yombi bazira gutambutsa ibitutsi 300 ku mbuga nkoranyambaga

Itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 2 Gicurasi 2026 n’Umuvugizi Mukuru wa Polisi David Misime, rivuga ko abo bakekwaho ibyaha bafatiwe mu turere twa Arusha, Iringa na Mbeya, nyuma yo kugaragara ko bagize uruhare mu bikorwa binyuranyije n’amategeko agenga ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ifatwa ry’abo bantu rije rikurikira iminsi mike umwe mu bagize iyo komisiyo, Uwahoze ari Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof. Ibrahim Juma, atangarije abanyamakuru ku wa 28 Mata 2026 ko bamaze kwakira ubutumwa burenga 300 bubatuka, nyuma yo gushyikiriza raporo yabo Perezida Samia Suluhu Hassan ku wa 23 Mata 2026.

Bagabo John

Batawe muri yombi bazira gutambutsa ibitutsi 300 ku mbuga nkoranyambaga

Batawe muri yombi bazira gutambutsa ibitutsi  300 ku mbuga nkoranyambaga
Batawe muri yombi bazira gutambutsa ibitutsi 300 ku mbuga nkoranyambaga

Abantu batatu muri Tanzania, batawe muri yombi na Polisi mu bakekwaho gukoresha nabi imbuga nkoranyambaga, harimo gutesha agaciro barimo abayobozi batandukanye, ndetse n’abagize Komisiyo ishinzwe gusesengura ibyabaye mu gihe cy’amatora rusange yo mu Ukwakira 2025 n’igihe cyayakurikiye., ubwo batambutsaga ibitutsi 300 ku mbuga nkoranyambaga.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 2 Gicurasi 2026 n’Umuvugizi Mukuru wa Polisi David Misime, rivuga ko abo bakekwaho ibyaha bafatiwe mu turere twa Arusha, Iringa na Mbeya, nyuma yo kugaragara ko bagize uruhare mu bikorwa binyuranyije n’amategeko agenga ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ifatwa ry’abo bantu rije rikurikira iminsi mike umwe mu bagize iyo komisiyo, Uwahoze ari Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof. Ibrahim Juma, atangarije abanyamakuru ku wa 28 Mata 2026 ko bamaze kwakira ubutumwa burenga 300 bubatuka, nyuma yo gushyikiriza raporo yabo Perezida Samia Suluhu Hassan ku wa 23 Mata 2026.

Bagabo John