Mu mahugurwa yahawe abarwanashyaka ba Green Party of Rwanda mu karere ka Nyaruguru, basabwe kwihesha agaciro ndetse no kwamagana abavuga nabi igihugu.
Ku wa 21 Werurwe 2026, Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda ryahuguye abayobozi baryo ku rwego rw’akarere ka Nyaruguru, hagamijwe kubategura kuzahugura abandi ku rwego rw’imirenge.
Atangiza aya mahugurwa ku mugaragaro, Nyakubahwa Alexis Mugisha yagaragaje akamaro k’imiyoborere myiza n’uruhare amashyaka ya Politiki afite mu iterambere ry’u Rwanda.
Yashishikarije abayobozi b’ishyaka kugira uruhare rugaragara mu miyoborere y’igihugu, bakurikije umurongo w’ishyaka.

Mugisha Alex
Yanabasabye kandi kuba abantu bashakira ibisubizo ibibazo by’abaturage, bagaragaza impinduka nziza mu mibereho yabo ya buri munsi, bakarangwa n’imyitwarire myiza no gukorera hamwe mu guteza imbere igihugu.
Alex Mugisha yagize ati" mugomba kuba nyambere aho mutuye mu kubungabunga ibidukikije, kugira isuku, kwiteza imbere, kwihesha agaciro ndetse mukamagana abavuga nabi igihugu n'ibindi"
Green Party yahuguye abayobozi b’ishyaka ku rwego rw’akarere kugirango nabo bazafashe guhugura abandi ku rwego rw’umurenge.
Bagabo John
