•     

Musenyeri yishwe arashwe Isasu mu gatuza

Musenyeri wa Kiliziya Gatolika wari umaze igihe gito agizwe Umwepiskopi w’akarere ko hagati muri Mozambike na Papa Leo XIV, yishwe arashwe n’amasasu iwe mu rugo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Kamena 2026 mu buryo bwateye urujijo.

Musenyeri yishwe arashwe Isasu mu gatuza
Musenyeri yishwe arashwe Isasu mu gatuza

Nk’uko byatangajwe n’Inama y’Abepiskopi ba Mozambike, uyu Musenyeri  witwaga Osorio Citora Afonso, wari ufite imyaka 54 y’amavuko, yarasiwe iwe mu mujyi wa Quelimane. 

Yaraswe isasu rimwe mu gituza, bikamuviramo urupfu.

Umuvugizi w’Urwego rushinzwe iperereza ku byaha muri Mozambike, Maximino Amilcar, yabwiye abanyamakuru ko iperereza ryahise ritangira kugira ngo hamenyekane icyateye ubu bwicanyi n’ababugizemo uruhare.

Inama y’Abepiskopi ba Mozambike yavuze ko urupfu rwa Musenyeri  Osorio Citora Afonso rwabaye mu bihe bidasobanutse neza, isaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo ukuri ku byabaye kumenyekane. 

Uru rupfu rwateje agahinda abakirisitu ba Kiliziya Gatolika n’abaturage benshi bo muri Mozambike.

Bagabo John

Musenyeri yishwe arashwe Isasu mu gatuza

Musenyeri yishwe arashwe Isasu mu gatuza
Musenyeri yishwe arashwe Isasu mu gatuza

Musenyeri wa Kiliziya Gatolika wari umaze igihe gito agizwe Umwepiskopi w’akarere ko hagati muri Mozambike na Papa Leo XIV, yishwe arashwe n’amasasu iwe mu rugo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Kamena 2026 mu buryo bwateye urujijo.

Nk’uko byatangajwe n’Inama y’Abepiskopi ba Mozambike, uyu Musenyeri  witwaga Osorio Citora Afonso, wari ufite imyaka 54 y’amavuko, yarasiwe iwe mu mujyi wa Quelimane. 

Yaraswe isasu rimwe mu gituza, bikamuviramo urupfu.

Umuvugizi w’Urwego rushinzwe iperereza ku byaha muri Mozambike, Maximino Amilcar, yabwiye abanyamakuru ko iperereza ryahise ritangira kugira ngo hamenyekane icyateye ubu bwicanyi n’ababugizemo uruhare.

Inama y’Abepiskopi ba Mozambike yavuze ko urupfu rwa Musenyeri  Osorio Citora Afonso rwabaye mu bihe bidasobanutse neza, isaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo ukuri ku byabaye kumenyekane. 

Uru rupfu rwateje agahinda abakirisitu ba Kiliziya Gatolika n’abaturage benshi bo muri Mozambike.

Bagabo John