•     

Tanzania hagiye kongera kuba imyigaragambyo

Mu buryo budasanzwe, mu Mujyi wa Dar es Salaam hagaragaye impapuro z'ubukangurambaga (vipeperushi) zihamagarira imyigaragambyo iteganyijwe ku wa 7 Nyakanga 2026.

Tanzania hagiye kongera kuba imyigaragambyo
Tanzania hagiye kongera kuba imyigaragambyo

Bivuga ko intego z'iyo myigaragambyo zirimo gusaba ko umunyapolitiki Tundu Lissu arekurwa, ko haboneka Itegeko Nshinga rishya, ko Perezida Samia Suluhu Hassan ava ku butegetsi, ndetse no gusaba ubutabera ku bantu bavuga ko bishwe mu myigaragambyo yabaye ku wa 29 Ukwakira 2025.

Aya mabaruwa n'amatangazo yakwirakwijwe mu mijyi itandukanye ya Tanzania, harimo Dar es Salaam, Mwanza na Arusha, aho yakomeje gukurura impaka n'ibitekerezo bitandukanye mu baturage.

Hagati aho, Polisi yo mu Mujyi wa Mwanza yatanze umuburo ikangurira abaturage kwirinda ibikorwa byose bishobora guhungabanya umutekano n'amahoro rusange. 

Ubuyobozi bwa Polisi bwatangaje ko buri gukora iperereza ndetse n'umukwabu ukomeye ugamije kumenya abantu cyangwa amatsinda ari inyuma yo gucapa no gukwirakwiza ayo matangazo.

Abashinzwe umutekano bavuga ko bazakomeza gukurikirana iki kibazo kugira ngo hamenyekane inkomoko y'ubwo bukangurambaga no gukumira icyahungabanya ituze ry'abaturage.

Bagabo John

Tanzania hagiye kongera kuba imyigaragambyo

Tanzania hagiye kongera kuba imyigaragambyo
Tanzania hagiye kongera kuba imyigaragambyo

Mu buryo budasanzwe, mu Mujyi wa Dar es Salaam hagaragaye impapuro z'ubukangurambaga (vipeperushi) zihamagarira imyigaragambyo iteganyijwe ku wa 7 Nyakanga 2026.

Bivuga ko intego z'iyo myigaragambyo zirimo gusaba ko umunyapolitiki Tundu Lissu arekurwa, ko haboneka Itegeko Nshinga rishya, ko Perezida Samia Suluhu Hassan ava ku butegetsi, ndetse no gusaba ubutabera ku bantu bavuga ko bishwe mu myigaragambyo yabaye ku wa 29 Ukwakira 2025.

Aya mabaruwa n'amatangazo yakwirakwijwe mu mijyi itandukanye ya Tanzania, harimo Dar es Salaam, Mwanza na Arusha, aho yakomeje gukurura impaka n'ibitekerezo bitandukanye mu baturage.

Hagati aho, Polisi yo mu Mujyi wa Mwanza yatanze umuburo ikangurira abaturage kwirinda ibikorwa byose bishobora guhungabanya umutekano n'amahoro rusange. 

Ubuyobozi bwa Polisi bwatangaje ko buri gukora iperereza ndetse n'umukwabu ukomeye ugamije kumenya abantu cyangwa amatsinda ari inyuma yo gucapa no gukwirakwiza ayo matangazo.

Abashinzwe umutekano bavuga ko bazakomeza gukurikirana iki kibazo kugira ngo hamenyekane inkomoko y'ubwo bukangurambaga no gukumira icyahungabanya ituze ry'abaturage.

Bagabo John