Umugabo utatangajwe amazina ye yatunguye abantu ubwo bari mu muhango wo gushyingura, maze avugako Nyakwigendera yari amurimo umwenda bityo ko mbere yuko ashyingurwa umuryango ugomba kubanza ku mwishyura.
Mu gihugu cya Kenya mu ntara ya Bungoma, haravugwa inkuru y'umugabo wagaragaye ku irimbi bariho bashyingura, yarangiza agahita asaba ko baba baretse kushyingura kubera ko ngo Nyakwigendera yari amubereyemo umwenda w'amashilingi ibihumbi bitanu, bityo ko umuryango we ugomba kubanza ku mwishyura kugirango bakomeze umuhango wo gushyingura.

Byabaye nkaho biteza akavuyo bamusaba ko yabanza akerekana gihamya yuko Nyakwigendera yari amurimo uwo mwenda, ni mugihe abo mu muryango wa Nyakwigendera bahise bishyura uwo mugabo mu rwego rwokwirinda imvururu maze bahita bikomeza igikorwa cyo gushyingura.
Bagabo John
