Perezida wa Namibia, Netumbo Nandi-Ndaitwah, yayoboye iki gihugu kugera ku ntambwe ikomeye mu bukungu, aho cyarangije kwishyura umwenda cyari gifitiye Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, International Monetary Fund (IMF). Namibia yishyuye amafaranga angana na miliyoni 23.9 z’amadolari ya Amerika, igikorwa kigamije kugabanya umutwaro w’imyenda y’amahanga no gukomeza gushimangira ubukungu bw’icyo gihugu.
Kwishyura uyu mwenda bivugwa ko byongereye ubwigenge mu by’imari bwa Namibia, biha Leta amahirwe menshi yo gukoresha umutungo wayo mu mishinga y’iterambere ry’imbere mu gihugu.

Iyi ntambwe yakiriwe nk’intsinzi ikomeye mu micungire y’imari ya Leta ku buyobozi buriho, igaragaza uko ubukungu bw’icyo gihugu buhagaze neza mu karere ka Afurika y’Amajyepfo.
Iyo wumva uvuga ngo “umugore nyawe ni uyu”, ni ukuvuga umuntu ugaragaza ubushobozi n’ubuyobozi bufite ireme.
Bagabo John
